(+250) 788 356 776 (V.Pres)

(+250) 788 516 897 (Pres)

info@vdosmusanze.org

Murakaza!

Volcanoes Disability Organization Sports (VDOS)

VDOS ni umuryango udaharanira inyungu ukorera mu Karere ka Musanze, uharanira guteza imbere abantu bafite ubumuga binyuze muri siporo zihuriweho na bose, ubuvugizi, n’ibikorwa by’ubuyobozi bw’abaturage. Dukora kugira ngo twongere imibereho myiza, duteze imbere impano, kandi duhange amahirwe ku bakinnyi bafite ubumuga ku rwego rw’akarere, urw’igihugu, n’urw’isi.

Guteza imbere siporo z’abafite ubumuga
Guharanira ubufatanye n’ubusabane bwa bose
Kongera ubushobozi bw’abakinnyi
Abo Turibo

Muri VDOS, twizera ko siporo ihuza abantu bose kandi ikabaha imbaraga zo kwiteza imbere. Dufasha abana, urubyiruko n’abakuze bafite ubumuga kubaka icyizere, guteza imbere ubushobozi bwo kuyobora no kwiyumva nk’abandi binyuze muri siporo zibagenewe kandi zihuza bose.

Intumbero Yacu

Volcanoes Disability Organization Sports (V.D.O.S) ikoresha siporo nk’inzira yo gukura abantu bafite ubumuga mu bwigunge, kubafasha guharanira uburenganzira n’iterambere ryabo, kwitabira amarushanwa yo mu Rwanda n’ayo hanze, no guteza imbere siporo z’abafite ubumuga mu gihugu.

Intego yacu

Guteza imbere siporo mu bana, urubyiruko n’abantu bakuze bafite ubumuga, kubungabunga ibidukikije binyuze mu mikino ikangurira kurengera ikirere, kwitabira amarushanwa yo mu gihugu n’ayo hanze, no gukora ubuvugizi bw’abafite ubumuga hifashishijwe siporo.

IMIKINO

Guteza imbere abakinnyi binyuze mu myitozo ya siporo ibagenewe

Porogaramu zacu za siporo ziteza imbere abantu bafite ubumuga binyuze mu myitozo ibahuza bose, guteza imbere ubumenyi n’ubushobozi, gukorana mu ikipe, no kubona amahirwe yo guhatana, bigafasha abakinnyi gukura bafite imbaraga nyinshi, kwizera ubwabo, no guhuza n’abandi.

SERIVISI DUTANGA

Siporo ku bafite ubumuga, ubuvugizi, n’inkunga y’imiryango

VDOS Musanze itegura amarushamya ya siporo, ikamamariza ababyifuza muri ayo marushannya, ubuvugizi bw’abantu bafite ubumuga, gukusanya inkuru zifashishwa mu myitozo, guteza imbere abantu bafite ubumuga binyuze mu muryango, kuzamura akipe, no kuzamura ubushobozi bwazo.

Imishinga n’Imigambi y’Ahazaza

VDOS yiyemeje gukomeza gutanga amahirwe ku bantu bafite ubumuga binyuze mu mishinga itatu y’ingenzi y’ahazaza. Icya mbere, duteganya kubaka Ikigo cya Siporo ku Bafite Ubumuga ku rwego rw’Igihugu, gitanga imyitozo igezweho, icumbi ryiza, n’ibikorwa by’ingenzi ku bakinnyi baturutse mu Rwanda hose. Icya kabiri, tugamije kugura amabus abiri yo gutwara neza no mu buryo bwizewe abakinnyi bitabira imyitozo n’imikino ku rwego rw’igihugu. Icya gatatu, tuzakomeza gushimangira porogaramu zo guteza imbere impano, dufasha abakinnyi bafite impano kugera ku rwego mpuzamahanga no guhagararira u Rwanda n’icyubahiro. Iyi mishinga izateza imbere cyane siporo zihuza bose n’iterambere ry’imiryango.

Amakuru mashya

Menya Amakuru Yacu mashya

Ubuhamya

Umva ubuhamya bwabantu babanye natwe

200+

Bishimiye Imikino

60%

Bitabira Imikino

99%

Bihangira Imirimo

Abakozi bacu

NYIRINGABO Felicien

Vice President

Ushaka kuba Umufatanyabikorwa

Turasaba umuntu uwariwe wese, ibigo byikorera, imiryango ya leta, imiryango itari iya leta (NGO), n’imiryango mpuzamahanga kugira ngo dufatanye guteza imbere abantu bafite ubumuga. Ibitekerezo byawe, ubufatanye, n’inkunga yawe ni iby’agaciro. Niba wifuza kudushyigikira cyangwa kuba umufatanyabikorwa wacu, twandikire ukoresheje amakuru ari hasi.